1Uko ni koumurimowose Salomo yakoreraga inzu y'Uwiteka warangiye. Maze Salomo acyura ibintu byatuwe na se Dawidi, iby'ifeza n'izahabu n'ibintu byose, abishyira mu bubikobwo mu nzu y'Imana.
2Salomo aherako ateraniriza i Yerusalemu abakuru b'Abisirayeli, n'abatware b'imiryango bose n'abatware b'amazu ya ba sekuruzab'Abisirayeli, kugirango bazamure isanduku y'isezerano ry'Uwiteka, bayikure mu muduguduwa Dawidi ari wo Siyoni.
3Nuko abagabo b'Abisirayeli bose bateranira ahoumwami ari, mu birori byari bisanzwe biba mu kwezi kwa karindwi.
4Abakuru b'Abisirayeli bose baraza, Abalewi baterura isanduku,
5bazamura isanduku n'ihema ry'ibonaniro n'ibintu byera byose byari mu ihema. Ibyo byazamuwe n'abatambyi b'Abalewi.
6Umwami Salomo n'iteraniro ryose ry'Abisirayeli, ryari riteraniye aho ari bari imbere y'isanduku, batamba inka n'intama zitabasha kubarika cyangwa kurondorwa kuko ari nyinshi.
7Maze abatambyi bacyura isanduku y'isezerano ry'Uwiteka ahantu hayo, mu nzu ahavugirwa, Ahera cyane munsi y'amababa y'ibishushanyo by'abakerubi,
8kuko ibishushanyo by'abakerubi byari bitanze amababa hejuru y'ahantu h'isanduku, bagatwikira isanduku n'imijisho yayo.
9Iyo mijisho yari miremire, bigatuma imitwe yayo igaragara hino y'ahavugirwa, ariko uri hanze ntiyayirebaga, kandi iracyahari na n'ubu.
10Mu isanduku nta kintu cyabagamo keretse ibisate bibiri Mose yashyiriyemo i Horebu, ubwo Uwiteka yasezeranaga n'Abisirayeli isezerano, bava muri Egiputa.
11Hanyuma abatambyi bavuye Ahera (kuko abatambyi bose bari bahari biyejeje, ntibaragakurikiza ibihe byabo,
12kandi n'Abalewi b'abaririmbyi bose, Asafu na Hemani na Yedutunin'abahungu babo na bene wabo, bari bambaye ibitare byiza bafite ibyuma bivuga na nebelu n'inanga, bahagaze iruhande rw'icyotero rw'iburasirazuba bari kumwe n'abatambyi ijana na makumyabiri bavuza amakondera).
13Ubwo abavuzagaamakondera n'abaririmbaga bahuza amajwi. Bumvikanishije ijwi rihuye bahimbaza bashima Uwiteka, kandi barangururaamajwi yabo n'amakondera n'ibyuma bivuga n'ibintu bicurangwa, bahimbaza Uwiteka bati
“Uwiteka ni mwiza, kandi imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”Nuko muri uwo mwanya inzu iherako yuzuraigicu, ari yo nzu y'Uwiteka. 107.1; 116.1; 136.1; Yer 33.11
14Bituma abatambyi batakibasha guhagarara ngo bakore ku bw'igicu, kuko icyubahiro cy'Uwiteka cyuzuyeinzu y'Imana.