1Umurwa w'i Yerusalemu kousigayemoubusa,
Kandi wari wuzuyeabantu!
Uwariukomeye mu mahanga,
Ko yahindutse nk'umupfakazi!
Uwariumwamikazi mu ntara yarayobotse,
Aratura ikoro.
2Nijoro arira cyane,
Amarira amutemba mu maso,
Mu bakunzi be bose ntafiteumuhumuriza.
Incuti ze zose zaramuriganije,
Zahindutse abanzi be.
3Abayuda bajyanywe ari imbohe,
Babitewe n'akarengane n'uburetwa bwinshi bikabije.
Batuye mu banyamahanga,
Nta buruhukirobahabonye,
Ababarenganya bose babafashe bageze mu gakubiro.
4Inzira z'i Siyoni ziraboroga,
Kuko ari nta wukīza mu materaniro yera.
Amarembo yaho yose ni amatongo,
Abatambyi baho barasuhuzaumutima.
Abari baho bafiteumubabaro,
Na houbwaho hafite ishavu.
5Abaharwanyaga barahanesheje,
Ababisha baho bagize ishya.
Kuko Uwiteka yahababaje ahahoye ibicumurobyaho byinshi,
Abana baho bato bajyanywe ho abanyagano imbere y'ababisha.
6Ubwiza bwose bw'umukobwa w'i Siyoni bwamuvuyeho,
Ibikomangoma bye byahindutse nk'impara zihebyeurwuri,
Byagiye bidafite intege imbere y'ababyirukanaga.
7I Yerusalemu mu gihe cy'umubabaro n'amaganya byaho,
Hibutse ibintu byaho byose binezeza,
Ibyo hahoranye kera.
Igiheubwoko bwaho buguyemu maboko y'umubisha,
Ntihagire kivuna,
Ababisha bahabonye baseka ko habaye amatongo.
8I Yerusalemu hacumuyebishishana,
Ni cyo gituma habaye ikintu cyanduye.
Abahubahaga bose barahasuzuguye,
Kuko babonyeubwambure bwaho.
Niukurihasuhuzaumutima,
Kandi hasubirainyuma.
9Umwanda waho wageze ku myambaro yaho,
Ntihibuka iherezo ryaho.
Ni cyo cyatumye hacishwa bugufibitangaje,
Ntihagirauhahumuriza.
“Ayii Uwiteka, itegerezeumubabaro wanjye,
Kukoumwanzi anyitereye hejuru!”
10Umubisha yasingirijeukubokokwe ibintu byaho byose binezeza,
Kuko habonye yuko abanyamahanga binjiye mu buturobwaho bwera,
Abo wari wahakaniye ko badakwiriye kwinjira mu iteraniro ryawe.
11Abantu baho bose baraganya,
Barahahiriza ibyokurya.
Ibintu byabo binezeza babitanze ku byokurya ngo bahembure amagara yabo.
“Ayii Uwiteka, reba kandi witegereze,
Nahindutseumugayo.
12“Mwebwe abihitira mwese mwe, mbese ntibibababaje?
Nimwitegereze murebeko hariumubabarouhwanye n'uwanjye wangezeho;
Uwo Uwiteka yampanishije ku munsi w'uburakari bwe bukaze.
13“Yoherejeumuriromu magufwa yanjye,
Uvuye hejuruuyageramo yose.
Yategeye ibirenge byanjyeumutego,
Yansubijeinyuma.
Yangizeumwihebe ngacika integeumunsi wose.
14“Ukubokokwe kwamboheyehoumutwaro w'ibicumurobyanjye.
Byarasobekeranye bingera mu ijosi,
Yacogoje imbaraga zanjye.
Umwami yantanze mu maboko y'abo ntashoboye guhangana na bo.
15“Umwami yagushije intwari zanjye zose zari zantuyeho,
Yankoranirijeho iteraniro ryo guhondagura abasore banjye.
Umwami yaribatiyeumwari wa Yuda mu muvure,
Nk'uko bawengeragamo vino.
16“Ibyo ni byo bindiza,
Ijisho ryanjye, ijisho ryanjye riratembamo amarira nk'amazi,
Kukoumuhumurizawariukwiriye kundemaumutimaambaye kure.
Abana banjye babaye impabe,
Kukoumwanzi yatsinze.”
17I Siyoni harara amaboko ntihabonekauhahumuriza,
Uwiteka yategetse ibya Yakobo,
Kugirango abamukikijeho bamubereababisha,
I Yerusalemu habamereye nk'ikintu cyanduye.
18“Uwiteka arakiranuka kuko nagomeye amategeko ye,
Nimwumve ndabinginze, mwa moko yose mwe,
Kandi mwitegerezeumubabaro wanjye,
Abari banjye n'abahungu banjye bagiye ho abanyagano.
19“Natabaje abakunzi banjye ariko baranshutse,
Abatambyi banjye n'abakuru banjye baguye ku murwa,
Ubwo bashakaga ibyokurya bihembura amagara yabo.
20“Ayii Uwiteka, itegereze kuko ndi mu makuba,
Umutimawanjyeurahagaze!
Umutimawanjyeuradihagura kuko nagomye bishayishije,
Inkota iricira hanze kandi no mu rugo hariurupfu.
21“Bumvise ko nganya ntihagiraumpumuriza,
Abanzi banjye bose bumvise ibyago byanjye,
Bishimira ko ari wowe wabingize.
Uzasohozeumunsi wavuze na bo bamere nkanjye.
22“Ibibi byabo byose bize imbere yawe,
Ubagirire nk'uko wangiriye,
Umpora ibicumurobyanjye byose.
Kuko amaganya yanjye ari menshi,
Kandiumutimawanjyeukabaurabiranye.”