Intang 12:1-20 BYSB2001 - Bible AI

1Uwiteka ategeka Aburamuati “Va mu gihugu cyanyu,usigeumuryango wanyu n'inzu ya so, ujye mu gihugu nzakwereka.

2Nzaguhinduraubwoko bukomeye, nzaguhaumugisha, nzogeza izina ryawe,uzabeumugisha.

3Kandi nzahaumugisha abakwifurizaumugisha, kandiuzakuvumanzamuvuma, kandi muri wowe ni mo imiryango yose yo mu isi izaherwaumugisha.”

4Aburamuaragenda nk'uko Uwiteka yamutegetse, Loti ajyana na we. Ubwo yavaga i Harani, Aburamuyari amaze imyaka mirongo irindwi n'itanu avutse.

5Aburamuajyana Sarayiumugorewe, na Lotiumuhungu wabo, n'ubutunzi bwose bari batunze, n'abantu baronkeye i Harani. Bavanwayo no kujya mu gihugu cy'i Kanāni, Kanāniubwaho ni ho basohoye.

6Aburamuanyura muri icyo gihugu, agera ahitwa i Shekemu, ahari igiti cyitwaumweloni cya More. Muri icyo gihe Umunyakanāni yari muri icyo gihugu.

7Uwiteka abonekera Aburamuaramubwira ati “Urubyaro rwawe nzaruha iki gihugu.”Yubakirayo igicaniro Uwiteka wamubonekeye.

8Avayo ajya ku musoziw'iruhande rw'iburasirazuba rw'i Beteli, abamba ihema rye. Beteli iri iruhande rw'iburengerazuba, na Ayi iri iruhande rw'iburasirazuba, yubakirayo Uwiteka igicaniro, yambaza izina ry'Uwiteka.

9Aburamuakomeza kugenda yerekeje i Negebu.

10Inzara itera muri icyo gihugu, Aburamuaramanuka ajya muri Egiputa asuhukirayo, kuko inzara yari nyinshi muri icyo gihugu.

11Ari bugufibwo gusohora muri Egiputa, abwira Sarayiumugorewe ati “Dore nzi yuko uriumugorew'igikundiro,

12nuko Abanyegiputa nibakubonabazavuga bati ‘Uyu niumugorewe’, maze banyice nawe bagukize.

13Ndakwinginze,uzajyeubabwira uti ‘Ndi mushiki we’, kugirango ngirirwe neza ku bwawe,ukirisheubugingo bwanjye.”

14Aburamuageze muri Egiputa, Abanyegiputa bareba uko wa mugoreari mwiza cyane.

15Abatware ba Farawo baramurebabaramumushimira, wa mugoreajyanwa kwa Farawo.

16Agirira Aburamuneza ku bwa Sarayi, kandi yari afite intama n'inka n'indogobe z'ingabo, n'abagaragu n'abaja n'indogobe z'ingore n'ingamiya.

17Uwiteka ahanisha Farawo n'inzu ye ibyago bikomeye, amuhoraSarayiumugorewa Aburamu.

18Farawo ahamagaza Aburamuaramubazaati “Icyo wangiriye iki ni iki? Koutambwira yuko ariumugorewawe?

19Ni iki cyatumyeumbwira ko ari mushiki wawe, nanjye nkamwenda nkamugiraumugorewanjye? Nuko nguyuumugorewawe mujyane wigendere.”

20Farawo amuha abantu bo kumuherekeza, bamuherekezanya n'umugorewe n'ibyo yari afite byose.

>